Kuruyu wa gatanu, urukiko rwa junta muri Myanmar rwakatiye umunyamakuru w’umunyamerika igifungo cy’imyaka 11, akurikiranyweho icyaha cyo gufatanya nabatavuga rumwe n’ubutegetsi, gukorana n'ishyirahamwe rinyuranyije n’amategeko no kurenga ku mategeko y’abinjira nabasohoka, nk'uko umukoresha we yabitangaje.
Journalist Danny Fenster muri New Iberia, La., (AFP/Courtesy of the Fenster Family)
Danny Fenster, wari umaze hafi umwaka akorera ikinyamakuru cya Frontier Miyanimari, yatawe muri yombi muri Gicurasi ubwo yageragezaga kuva mu gihugu agiye gusura umuryango we.
Iki kinyamakuru cyagize kiti: "Frontier Myanmar ibabajwe cyane n'iki cyemezo cyo gushinja umwanditsi mukuru wacu, Danny Fenster, ku byaha bitatu no gukatirwa igifungo cy'imyaka 11".
Fenster ufungiye muri gereza ya Insein ya Yangon kuva yafatwa, akurikiranyweho kandi icyaha cyo kwigomeka n’iterabwoba, ibyaha bishobora gutuma afungwa ubuzima bwe bwose.
Frontier Myanmar yagize iti: "Abantu bose muri Frontier batengushywe kandi bababajwe n'iki cyemezo." bati "Turashaka kubona Danny arekurwa vuba bishoboka kugira ngo ashobore gutaha mu muryango we."
umujyanama mukuru wa Crisis Group Miyanimari, Richard Horsey yavuze ko iki gihano ari "amahano".
Yatangarije AFP ati: "ibi ntibitanga ubutumwa ku banyamakuru mpuzamahanga gusa ... ahubwo no ku banyamakuru ba Miyanimari ko gutanga amakuru yanyayo kubiri kuba bigomba kubatwara imyaka myinshi muri gereza."
Yavuze ko abadipolomate b'Abanyamerika barimo gukora uko bashoboye kugira ngo bamurekure.
Ati: "Bizakemurwa binyuze mu nzira za diplomasi kandi twizere ko bizihuta."
Iki gihano kije nyuma y'iminsi mike uwahoze ari umudipolomate wa Leta zunze ubumwe za Amerika akaba n'umuvugizi w’imbohe Bill Richardson abonanye n’umuyobozi wa junta, Min Aung Hlaing mu murwa mukuru Naypyidaw.
Richardson, yanze kugira ibisobanuro birambuye atanga, yavuze ko Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Amerika yamusabye kutazamura ikibazo cya Fenster mu ruzinduko rwe.
Igihugu cya Miyanimari cyuzuyemo akajagari kuva habayo ihirikwa ry’ubutegetsi muri Gashyantare, ingabo zigerageza guhashya imyigaragambyo ya demokarasi ikwirakwizwa nabatavuga rumwe n’ubutegetsi.
Itsinda rishinzwe ubushakashatsi aho rivuga ko abantu barenga 1200 bishwe n’inzego z’umutekano.
Itangazamakuru naryo riri kubangamirwa kuko agace ka junta kagerageza gukaza umurego mu kugenzura itangazamakuru, guhagarika interineti no gukuraho impushya z’ibitangazamakuru byaho.
Nk’uko raporo ya ASEAN ibivuga, abanyamakuru barenga 100 batawe muri yombi. Iyi raporo ikomeza Ivuga ko 31 bagifunzwe.