Abasirikare bacyuye igihe b'ubudage bafuzwe kubera iterabwoba

 Abahoze ari abasirikare b'ubudage batawe muri yombi bazira gucura umugambi w'iterabwoba mugihugu cya Yemeni

GETTY IMAGES



Ubushinjacyaha buvuga ko abahoze ari abasirikare babiri b'ubudage batawe muri yombi bakekwaho gukora umutwe w'abacanshuro b'iterabwoba kugira ngo barwane mu ntambara zimbere mugihugu cya Yemeni.

Arend-Adolf G na Achim A bakurikiranyweho ibyaha byiterabwoba nyuma y’igitero cya polisi mu majyepfo y’Ubudage kuruyu wa gatatu.

Bavuga ko bateganyaga kwinjiza abagabo bagera ku 150 mu gisirikare cyigenga kigizwe n'abahoze ari abapolisi n'abasirikare.

Ubushinjacyaha bwavuze ko aba bagabo bashakaga gukorana na leta ya Arabiya Sawudite mubitero bitemewe ikorera muri Yemeni.

Kuva muri 2014, Yemeni yibasiwe n'intambara zimbere mugihugu ziterwa na guverinoma ya Arabiya Sawudite ndetse n'umutwe witwa Houthi witwaje intwaro.

Arabiya Sawudite yinjiye mu ntambara muri 2015 nyuma yuko umutwe witwa  Houthis ufashe umurwa mukuru, Sanaa, umutwe ushyigikiwe na Irani.

Ubushinjacyaha  Bw’ubudage bwatangaje ko aba bahoze ari abasirikare bifuzaga ko Arabiya Sawudite itera inkunga ibikorwa byabo muri Yemeni. Aba bagabo bagerageje kuvugisha inzego za leta zo muri Arabiya Sawudite ariko ntibabona igisubizo.

Abashinjacyaha bavuga ko Arend-Adolf G na Achim A bashakaga kushinga ingabo z’abacanshuro mu ntangiriro za 2021. Bateganyaga guha buri muntu umushahara ungana na $ 46.400 kukwezi.

Ikinyamakuru Spiegel cyo mu Budage cyatangaje iyi nkuru bwa mbere, cyavuze ko izingabo z’abacanshuro zagombaga gutera no gufata uduce twigaruriwe n’inyeshyamba za Houthi muri Yemeni.

Umwe muraba yafatiwe i Munich undi  mu majyepfo y'uburengerazuba ahitwa Breisgau-Hochschwarzwald.  Biteganijwe bazitaba urukiko ku wa gatatu kugira ngo bumve ibijyanye n'ifungwa ry'agateganyo.



Post a Comment

Previous Post Next Post