Abayobozi bavuga ko ibisasu bibiri byaturikiye hagati mu murwa mukuru wa Uganda, Kampala, bihitana byibuze abantu batandatu abandi benshi barakomereka.
(AP Photo / Hajarah Nalwadda)
Igisasu kimwe cyaturikiye hafi y'inteko ishinga amategeko, ikindi giturikira impande y'icyicaro gikuru cya polisi.
Abatangabuhamya bavuze ibyabereye aho, imodoka ko zatse umuriro n'amadirishya. Abayobozi bavuga ko ibisasu byinshi byabonetse mu tundi turere tw'umujyi.
Umuvugizi wa polisi, Fred Enanga, yatangaje ko amakuru yakusanyijwe kugeza ubu yerekana ko abari inyuma y’ibyo bitero byagabwe ari umutwe w’iterabwoba ufitanye isano na ADF, umutwe w'inyeshyamba za kisilamu muri Uganda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo.
Ibi bibaye mugihe ingabo za Uganda ziri mu mutwe w’ingabo z’umuryango w’abibumbye zishinzwe kubungabunga amahoro muri Somaliya zirwanya al-Shabab, umutwe w’inyeshyamba zifatanije na al-Qaeda.
Mu kwezi gushize, umutwe wa kisilamu wavuze ko uri inyuma y’igitero cyagabwe ku kabari i Kampala gihitana umukozi w’imyaka 20.
Ibikorwa by’inteko ishinga amategeko byahagaritswe kandi abadepite bagiriwe inama yo kutaza mu nyubako nyuma yiri turika ryo kuruyu wa kabiri.
Imodoka zari ziparitse hafi y'inteko zatse umuriro mu gihe igisasu cyaturikiye kuri sitasiyo ya polisi cyamennye amadirishya.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibikorwa by'ubutabazi muri Uganda cyatangaje ko abashinzwe kurwanya iterabwoba bagerageje uko bashoboye kugira ngo bamenye ibindi bisasu byatezwe muri uyu mujyi.
Yongeyeho ko ibisasu bitatu bimaze kuboneka, birimo bibiri hafi y'urukiko.
Umupolisi mukuru Edward Ochom yabwiye ibiro ntaramakuru AFP ati: "Icyo twavuga ni iki igitero ariko nyirabayazana nacyo ni ikibazo kirimo gukorwaho iperereza."
Ikigo gishinzwe ubutabazi cyavuze ko abantu batandatu bemejwe ko bapfuye, barimo abapolisi babiri. Yongeyeho ko abantu umunani aribo bazwi bakomeretse.
Fred Enanga, Yavuze ko umwiyahuzi wa kane yakurikiranwe agafungwa nyuma yuko abapolisi basanze ikoti ririmo ibisasu mu rugo iwe.
Bwana Enanga yongeyeho ko abantu 33 bakomeretse kandi batanu muri bo bakaba bamerewe nabi.